Nyuma y’umwaka wose, Jennifer Lopez na Ben Affleck bakuye inzu yabo ku soko

Nyuma y’umwaka wose, Jennifer Lopez na Ben Affleck bakuye inzu yabo ku soko

 Jul 5, 2025 - 15:02

Icyamamare mu muziki no muri sinema Jennifer Lopez, w’imyaka 55, na Ben Affleck, w’imyaka 52, banyuma yo gusoza urugendo rwabo nk’abanashakanye banakuye ku isoko inzu yabo ya miliyoni 68 z’amadolari (arenga miliyari 89 Frw) iherereye mu gace ka Beverly Hills, muri Los Angeles.

Aba bombi, bigeze gukundana kuva mu 2002 bakaza gutandukana mu 2004, bongeye kubana mu 2022 nyuma yo kurushinga ku mugaragaro muri Las Vegas. Ariko muri Kanama 2024, Lopez yashyikirije inkiko impapuro zisaba gatanya, nyuma y’imyaka ibiri y’ubushyingiranwe bwabo.

Bivugwa ko bashatse kugurisha iyo nzu y’akataraboneka mu ibanga kuva muri Kamena 2024, bakaza kuyishyira ku mugaragaro mu kwezi gukurikiyeho, ariko nubwo bagabanyije igiciro cyayo bakivana kuri miliyoni 68 ikagera kuri miliyoni 59.95 z’amadorari nta muguzi wabonetse.

Amakuru avuga ko Affleck atigeze akunda iyo nzu kubera ko yari kure y’aho abana be batuye, abo yabyaranye n’uwahoze ari umugore we, Jennifer Garner. Nyuma yo gutandukana, Affleck yahise agura inzu nshya ya miliyoni 20.5$ mu gace ka Pacific Palisades hafi y’aho abana be Violet (19), Seraphina (16) na Samuel (12) baba.

Naho Jennifer Lopez, uzwi cyane mu ndirimbo nka On The Floor, mu kwezi kwa Werurwe 2025 na we yaguze indi nzu nshya ya miliyoni 18 z’amadorari i Los Angeles, bivugwa ko yatangiye kuyishakisha ubwo umubano we na Affleck watangiraga kuzamo agatotsi muri Mata 2024.

Ubusanzwe, Lopez na Affleck bashakanye nyuma y’imyaka irenga 18 batandukanye. Lopez yari yarabanje gushakana na Marc Anthony (2004–2014) babyarana abana babiri, mu gihe Affleck yashakanye na Jennifer Garner (2005–2018) babyarana abana batatu.

Jennifer Lopez na Ben Affleck bakuye ku isoko inzu yabo

Jennifer Lopez basoje gatanya yabo mu ntangiriro z'uyu mwaka