Mikel Arteta yavuze kuri Granit Xhaka wanze igitambaro cy'ubukapiteni cya Arsenal

Mikel Arteta yavuze kuri Granit Xhaka wanze igitambaro cy'ubukapiteni cya Arsenal

 Feb 20, 2022 - 03:17

Mu mukino Arsenal yatsinzemo Brentford ibitego 2-1 byagaragaye ko Xhaka yanze kwambara igitambaro cy'ubukapiteni ubwo Alexander Lacazette yari avuye mu kibuga.

Mikel Arteta yemeza ko mu cyemezo cya Granit Xhaka ubwo yangaga igitambaro cy'ubukapiteni hajemo no kutumva neza kuko atariwe cyari kigenewe.

Granit Xhaka uri mu bakinnyi bayoboye Arsenal yagaragaye yanga kwambara igitambaro cya kapiteni, ubwo Alexander Lacazette yari amaze kuva mu kibuga mu mukino batsinzemo Brentford ibitego 2-1.

Eddie Nkettiah yasimbuye Lacazette habura iminota itanu ngo umukino urangire, maze uyu mwongereza azanira Granit Xhaka iki gitambaro ariko Xhaka yanga kucyambara.

Byarangiye Nkettiah yambaye iki gitambaro akanya gato maze ahita agihereza myugariro Kieran Tierney aba ariwe ucyambara.

Mikel Arteta we avuga ko igitambaro cyari kigenewe Kieran Tierney wari hafi aho, ahubwo Eddie Nkettiah akaba atumvise ubutumwa yahawe neza.

Mikel Arteta yagize ati:"Cyari icya Kieran Tierney, yari ku wundi murongo kandi iyo niyo mpamvu.

"Birashoboka ko Eddie Nkettiah atumvise neza ibyo yabwiwe noneho Granit amubwira kugiha Kieran Tierney."

Granit Xhaka yahoze ari kapiteni wa Arsenal ariko yaje kwamburwa iki gitambaro ku buryo atishimiye, abenshi batekereza ko ariyo mpamvu uyu Musuwisi yaba yanze kucyambara.

Byatangajwe ko Alexander Lacazette yagerageje guha Kieran Tierney iki gitambaro ariko Tierney ntiyamwumvise kuko yarimo yitegura kunaga umupira.

Alexander Lacazette yagihaye Eddie Nkettiah kugira ngo akigeze kuri Tierney ariko Eddie abwirwa na Arteta kuguma imbere nk'umwataka, ni muri uwo mwanya yahise agihereza Xhaka nawe aracyanga.

Granit Xhaka yanze kwambara igitambaro cy'ubukapiteni(Image:Sky sports)

Mikel Arteta avuga ko Eddie Nkettiah atumvise neza uwo agiha(Image:Marca)