Ikipe ya Paris Saint yihanangirije iya Real Madrid ku bitego bine ku busa(4-0) bituma isanga Chelsea ku mukino wa nyuma na yo yasezereye Fluminense FC yo muri Brazil.
Iki gikombe cyamaganwe na benshi muri ruhago kubera ukuntu cyongereye umubare w'imikino abakinnyi bakina bikabaviramo imvune zikomeye ndetse z'igihe kirekire.
Gusa nubwo bimeze bityo, amakipe yemeye gukina iyi mikino kubera akayabo k'amafaranga ari muri iyi mikino, aho byibuze ikipe izatwara iki gikombe izahabwa miliyoni $130.4 cyangwa $155.8 bitewe n'umugabane ikipe iherereyeho.
Amakipe ahabwa amafaranga mu buryo butandukanye, aho kwitabira byonyine ikipe ihabwa amafaranga ariko hagendewe ku migabane aturukaho, gusa aya mafaranga agenda yiyongera bitewe n'uko amakipe yitwara mu irushanwa.
Reka turebere hamwe agatubutse amakipe amaze gukura muri iki gikombe!
1.Chelsea: $88.43m
1.Paris Saint Germain: $88.43m
3.Fluminense: $60.83m
4.Borussia Dortmund: $38.43m
5.Bayern Munich: $37.43m
6.Al Hilal: $34.13m
7.Flamengo: $27.71m
8.Botafogo: $26.71m
9.Manchester City: $26.31
10.Inter Milan: $25.31
Gusa aya mafaranga ni ayo amakipe atajya munsi mu kwinjiza muri iki gikombe. ariko ashobora no kurenga.
Perezida wa FIFA Gianni Infantino yakoze ibishoboka byose ngo iri rushanwa ribe nubwo ryarwanyije cyane
Ikipe ya Chelsea na Paris Saint Germain zizahurira ku mukino wa nyuma
