Luis Enrique utoza Esipanye yateye iteka Messi na Argentine ye

Luis Enrique utoza Esipanye yateye iteka Messi na Argentine ye

 Nov 19, 2022 - 15:29

Luis Enrique utoza ikipe y'igihugu ya Esipanye yatangaje ko yakwishimira kubona Argentine yegukana Igikombe cy'isi mu gihe igihugu cye bitagikundira.

Umunya-Espagne Luis Enrique avuga ko byaba bibabaje cyane kubona Lionel Messi ahagarika gukina umupira w'amaguru nk'uwabigize umwuga adatwaye Igikombe cy'isi.

Ibi Enrique abivuze nyuma y'uko Lionel Messi yamaze gutangaza ko Igikombe cy'isi cyo muri Qata aricyo cya nyuma azakina, dore ko yakinnye Igikombe cy'isi bwa mbere mu 2006.

Kuva icyo gihe ikintu gikomeye Lionel Messi yagezeho mu gikombe cy'isi ni kuba uwa kabiri, we na Argentine ye ubwo batsindwaga n'Ubudage ku mukino wa nyuma mu 2014.

Luis Enrique yagize ati:"Esipanye idatwaye iki gikombe cy'isi, nakwishimira kubona Argentine igitwara kubera Messi. Byaba bibabaje cyane Messi ahagaritse gukina umupira w'amaguru adatwaye Igikombe cy'isi."

Lionel Messi azaba ayoboye Argentine igiye kureba uko yatwara Igikombe cy'isi iheruka mu 1986 ubwo cyari cyabereye muri Mexico. Gusa n'ubwo bimeze bityo, Messi we yatangaje amakipe atatu aha amahirwe menshi mu gikombe cy'isi atarimo Argentine ye.

Byashimisha Enrique Messi atwaye Igikombe cy'isi(Image:AFP)

Messi we yagize ati:"Iyo tuvuga abafite amahirwe menshi buri gihe tuvuga amakipe amwe. Nshyize amakipe amwe hejuru y'ayandi ntekereza ko Brazil, Ubufaransa n'Ubwongereza hari ukuntu ziri hejuru y'izindi zisigaye.

"Ariko Igikombe cy'isi kiba gikomeye kandi kigoranye buri kimwe cyose gishobora kuba. Dufite itsinda ryiza cyane rityaye, ariko dutekereza kugenda gake gake."

Ikipe y'igihugu ya Argentine igiye mu gikombe cy'isi ari imwe mu makipe ahabwa amahirwe yo kuba yakegukana, dore ko yatwaye Copa America iheruka mu 2021 nyuma yo gutsinda Brazil igitego kimwe ku busa ku mukino wa nyuma.

Argentine kandi igiye mu gikombe cy'isi imaze imikino 36 itaratsindwa, ikaba iherereye mu itsinda C ririmo Saudi Arabia, Poland na Mexico aho izaba ishaka uko yazamuka ari iya mbere.

Igikombe cy'isi cya 2022 kigiye kubera muri Qatar kiratangira kuri iki Cyumweru aho ku isaha ya saa 18:00 haraba umukino uhuza Qatar na Ecuador ziri mu itsinda A, indi mikino igakomeza ku wa Mbere.

Luis Enrique yatoje Lionel Messi muri FC Barcelona(Image:GETTY)