Muri FC Barcelona kwandikisha Ferran Torres bikomeje kuba agatereranzamba

Muri FC Barcelona kwandikisha Ferran Torres bikomeje kuba agatereranzamba

 Jan 3, 2022 - 05:44

Ikipe ya FC Barcelona ntizabasha kwandikisha Ferran Torres mu gihe abakinnyi barangajwe imbere na Ousmane Dembele batagabanyije imishahara.

Xavi Hernandez utoza FC Barcelona yemeje ko iyi kipe idashobora kwandikisha Ferran Torres iherutse kugura muri Manchester City, mu gihe yaba itagabanyije imishahara ihemba abakinnyi bayo.

Ferran Torres w'imyaka 21 yagiye muri FC Barcelona avuye muri Manchester City aho yavuzwe miliyoni 55 z'amapawundi mu gihe FC Barcelona yashakaga umusimbura wa Sergio Aguero.

Gusa n'ubwo yasinyiye FC Barcelona, Ferran Torres ntashobora gukinira iyi kipe igihe cyose atarandikwa kandi ntazandikwa iyi kipe itaragabanya imishahara ihemba abakinnyi bayo nk'uko amabwiriza ya La liga abigena.

Xavi yabikomojeho ubwo yaganiraga na Goal ndetse avuga ko yizeye ko uyu musore azakinira FC Barcelona vuba mu gihe kitarambiranye.

Yagize ati:"Ferran Torres ni umukinnyi mwiza twasinyishije. Haba kuba umukinnyi cyangwa kuba umuntu.

"Afite ishyaka ku rwego rwo hejuru, agiye kuduha byinshi, ibyo simbishidikanyaho. Ashobora gukina imyanya itandukanye, nishimiye cyane imbaraga zashyizwemo n'ikipe ngo aze hano."

Xavi akomeza avuga ko bizaba ngombwa ko hari abakinnyi barekurwa kugira ngo haboneke umwanya wa Ferran Torres. Hashize iminsi hari amakuru ajyana Coutinho na Umtiti mu Bwongereza.

Xavi kandi avuga ko na Ousmane Dembele ashobora gufasha mu gihe yaba asinye amasezerano mashya muri iyi kipe ariko akagabanya umushahara.

 Ibiganiro hagati ya Ousmane Dembele na FC Barcelona bimaze iminsi aho asabwa kugabanya umushahara ubundi akongererwa amasezerano dore ko ayo afite azarangira mu mpeshyi.

Xavi ati:"Tuzareba uko ikibazo k'imishahara giteye, niba bishoboka. Hari abakinnyi bagomba kugenda. Dembele niyemera gusinya amasezerano mashya ndetse akagabanya umushahara, bizadufasha kwandikisha Ferran Torres kandi ndizera ko byaba."

Mu mwaka ushize ikipe ya FC Barcelona yatangaje ko amadeni yayo arenga miriyari y'amapawundi. Ibi byatumye Sergio Busquet, Gerard Pique na Jordi Alba bagabanya imishahara yabo mu rweho rwo gufasha ikipe gukomeza kubaho.

Muri iki cyumweru gishize nibwo hagiye hanze inkuru zivuga ko ibiganiro hagati ya Barça na Dembele byasubiye inyuma kuko uyu musore atishimiye ukuntu iyi kipe ivugwamo ubukene yaba ishaka kuzana Erling Haaland watangwaho agatubutse.

Umu-agent wa Erling Haaland witwa Mino Raiola yatangaje ko amakipe Haaland ashobora kwerekezamo ari Manchester City, Bayern Munich, Real Madrid ndetse na FC Barcelona.

Mu mpeshyi ya 2022 Erling Haaland azaboneka kuri miriyoni 64 z'amapawundi gusa ku wa Gatatu ikinyamakuru Marca cyatangaje ko ikipe izasinyisha Erling Haaland imyaka itanu bizayitwara byibuze miriyoni 400 z'amapawundi byose hamwe.

Ferran Torres ntarandikishwa muri FC Barcelona(Image:Daily mail)

Xavi avuga ko bizarangira vuba(Net-photo)

Ferran Torres yakiniraga Manchester City(Image:Eurosport)