Kyiv yabyukiye mu mvura ya misile z'u Burusiya

Kyiv yabyukiye mu mvura ya misile z'u Burusiya

 Mar 21, 2024 - 08:46

Mu rukerera rwo kuri uyu Kane u Burusiya bwakoze igitero gikomeye cya misile cyagizwe indahiro mu murwa mukuru wa Ukraine Kyiv, aho benshi bahasize ubuzima. Perezida Zelensky yemeje ko misile zirenga 200 zimaze kuraswa mu minsi 20 mu mugi umwe gusa.

Mu ntambara ihuje u Burusiya na Ukraine ishyigikiwe n'Uburengerazuba bw'Isi irakomeje , aho igisirikare cy'u Burusiya cyirwanira mu kirere cyakoze igitero karahabutaka cyagizwe indahiro mu mugi wa Kyiv mu gitondo cyo kuri uyu wa Kane.

Ibinyamakuru bitandukanye byo mu burengerazuba bw'Isi byandika ku ntambara ya Ukraine, biremeza ko iki ari cyo gitero gikomeye gikozwe mu byumweru bike bishize. Abantu 10 bahasize ubuzima nk'uko inzego za Ukraine zibyemeza.

Mykola Oleschuk komanda w'Ingabo za Ukraine zirwanira mu kirere, yahamije ko misile 31 zarasiwe mu kirere harimo ebyiri za ballistic ndetse n'izindi 29 za crusise. Icyakora Retuers dukesha iyi nkuru, yatangaje ko itabashije gukora ubugenzuzi bwihari ku byatangajwe n'uyu komanda.

Igitero cyo muri Kyiv, cyije nyuma y'umunsi umwe u Burusiya bukoze ikindi gitero karahabutaka mu gice cy'inganda mu Majyaruguru ya Kharkiv aho byemejwe ko abantu batanu bishwe muri icyo gitero. Ni mu gihe iki gitero cyaje cyongera akanyamuneza mu ntsinzi za Perezida Vladimir Putin ari kubyina.

Mu nama yahuje Ibihugu byo mu Burayi bishyigikiye Ukraine ku munsi w'ejo,  Perezida wa Ukraine Volodymyr Zelenskyy yatangaje ko u Burusiya bukomeje gukora ibitero bidakuraho mu mugi wa Simy yemeza ko muri uku kwezi misile zirenga 200 zimaze guterwa muri ako gace.

Iyi ntambara yatangiye ku wa 24 Gashyantare 2022, ikaba ikomeje gukaza umurego, aho Ukraine yugarijwe n'ibibazo by'intwaro, cyane cyane ikaba iri kubura ibisasu birasa kure ndetse n'ibindi birinda ikirere.

Umurwa Mukuru wa Ukraine Kyiv warashweho misile karahabutaka kuri uyu wa Kane