Shakira Isabel Mebarak Ripoll amazina nyakuri y'umuririmbyikazi w'Umunya-Colombia wigeze gushakana n'umukinnyi wa ruhago wo muri Espagne Gerard Piqué bakaza gutandukana, aratangaza ko ibikomere yamuteye bikivirirana magingo aya.
Mu kiganiro Shakira yagiranye na Rolling stone, yavuze ko nubwo hashize imyaka ibiri atandukanye n'uyu wari umugabo we, ariko agifite ibikomere bye, aho yavuze ko uburibwe yamuteye abugereranya nko kumutera icyuma mu mutima.
Yashimangiye ko nubwo bavuga ko iyo utandukanye n'umuntu bigenda bishira umunsi ku munsi, gusa we ngo si ko bimeze, kuko avuga ko gutandukana kwabo bitaje umunsi umwe, akagaragaza ko Piqué buri gihe yahoraga amuca inyuma kandi akanga no kumwitaho hamwe n'abana babo.
Yunzemo ko yahagaritse akazi ke ka muzika kugira ngo afashe umugabo we gukina umupira atuje, ariko biranga aramubabaza ibyo abitesha agaciro. Piqué mu ntangiriro za 2023, yemeye ko yajyaga aca inyuma umugore we, ndetse yemera ko ari we watumye batandukana, gusa yanga gusaba imbabazi, ibyo Shakira avuga ko bikomeza kumushavuza.
Aba bombi bakaba barakundanye imyaka 12 yose guhera mu 2010 ubwo bahuriraga mu mikino y'igikombe cy'Isi cyabereye muri Afurika y'Epfo ubwo uyu muhanzikazi yarimo afata amashusho y'indirimbo yakoreshwejwe muri icyo gikombe yiswe "Waka Waka". Shakira na Piqué batandukanye bafitanye abana babiri, aho babana na nyina magingo aya.

Shakira aracyafite ibikomere bye Piqué
