Byifashe bite hagati ya FARDC na M23?

Byifashe bite hagati ya FARDC na M23?

 Apr 15, 2024 - 08:57

Rukomeje kwambikana muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo hagati ya M23 n'ingabo z'iki gihugu FARDC mu bice bya Masisi, mu gihe Perezida Félix Tshisekedi akomeje kuburirwa irengero. Inkuru nyamukuru mu burasirazuba bwa Congo.

Bikomeje kudogera mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo byumwihariko mu mirwano iri guhuza ingabo z'iki gihugu FARDC ndetse n'umutwe witwaje intwaro wa M23 mu bice bitandukanye byo mu Ntara ya Kivu y'Amajyaruguru.

Kuri uyu wa Mbere amakuru aremeza ko imirwano yaramukiye mu bice bya Masisi i Nyamubigwa muri Gurupoma ya Mupfunyi Shanga muri Teritwari ya Masisi. Biremezwa ko ingabo za Leta hamwe n'abafatanyabikorwa babo batandukanye barimo Wazalendo ari bo batangije imirwano.

Imirwano yo kuri uyu wa Mbere kandi, yaje ikurikira indi yabaye kuri iki Cyumweru ku muhanda Vunano-Kimoka ndetse n'ahandi hitwa Chez-Madimba, hamwe no kuyindi misozi irebana n'umugi wa Sake muri Gurupoma ya Kamuronza.

Hagati aho, mu gihe imirwano iri guca ibintu, Perezida Félix Antoine Tshisekedi Tshilombo nawe utajya usiba mu bitangazamakuru agira ibyo avuga kuri iyi ntambara yewe anavuga ku Rwanda, guhera ku wa 07 Mata 2024 ntarongera kugaragara mu ruhame.

Byatangiye kuri iyo tariki bivugwa ko yaje mu Rwanda kwifatanya n'Abanyarwanda kwibuka ku nshuro ya 30 jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, ariko biza guterwa utwatsi n'umuvugizi mu biro by'Umukuru w'Igihugu Tina Salama. Nyuma gato byaje kuvugwa ko arwariye mu Bubiligi, ariko nabyo nta gihamya ihari, gusa ikiriho ni uko atari kugaragra mu ruhame.

Felix Tshisekedi ''M23 Ntabwo Izafata Goma'' - konekt250

Perezida Félix Antoine Tshisekedi Tshilombo yaburiwe irengero