AS Kigali yikuye mu gikombe imaze kugira akarima kayo

AS Kigali yikuye mu gikombe imaze kugira akarima kayo

 Feb 5, 2023 - 08:14

Ikipe ya AS Kigali yatangaje ko yikuye mu gikombe cy'amahoro mu gihe yari imaze kumenyereza abakunzi ha Ruhago mu Rwanda ko ariyo nyiracyo.

Mu gitondo cyo kuri iki Cyumweru nibwo ikipe ya AS Kigali yifashishije imbuga zayo nkoranyambaga itangaza ko itazitabira Igikombe cy'amahoro cya 2023, mu gihe iyi kipe ariyo yatwaye igikombe giheruka 

Bagize bari:"Ubuyobozi bwa AS Kigali bubabajwe no kumenyesha ko yikuye mu gikombe cy'amahoro cya 2023. Nk'abatwaye igikombe giheruka, twizeye kuzagaruka dukomeye kurushaho mu mwaka utaha."

Ikipe ya AS Kigali yari imaze kwigaragaza nk'ikipe izi igikombe cy'amahoro kurenza Andi makipe muri iyi myaka, dore ko ari nayo ifite ibikombe bibiri biheruka gukinirwa, byanatumye ariyo isohokera u Rwanda muri CAF Confederation Cup.

Biteganyijwe ko iki gikombe kizatangira muri Gashyantare 2023, amakipe akomeye yo mu kiciro cya mbere akaba azatangira kuzamo mu mpera z'iki kwezi kwa Gashyantare. AS Kigali ntiyatanze impamvu yikuyemo, ariko The choice Live iraza gukurikiranwa iyi nkuru iyibagezeho.

AS Kigali niyo yatwaye igikombe giheruka

View this post on Instagram

A post shared by AS KIGALI (@fcaskigali)