Crystal Palace ntigihawe amafaranga yari yiteze

Crystal Palace ntigihawe amafaranga yari yiteze

 May 14, 2026 - 20:17

Amakuru yari amaze iminsi acaracara ku mbuga nkoranyambaga yavugaga ko Crystal Palace ishobora guhabwa inyongera ya miliyoni 10 z’amapawundi mu gihe Arsenal yatwara igikombe cya Premier League, ntikiyahawe.

Amakuru dukesha ikinyamakuru Football.london, avuga ko nta ngingo n’imwe iri mu masezerano ya Eberechi Eze ivuga ko Crystal Palace izabona amafaranga y’inyongera mu gihe Arsenal yatwara shampiyona.

Eze yageze muri Arsenal muri Kanama 2025 avuye muri Crystal Palace aguzwe agera kuri miliyoni 67.5 z’amapawundi.

Muri ayo mafaranga, miliyoni 7.5 z’amapawundi ni zo zonyine zashyizwe mu rwego rw’inyongera, ariko zikaba zishingiye ku bikorwa bisanzwe birimo umubare w’imikino, umusaruro cyangwa ibindi byumvikanyweho hagati y’impande zombi, gusa ntiharimo gutwara igikombe cya Premier League.

Ibi bisobanuye ko amakuru yavugaga ko Palace ishobora 'gutsindira' amafaranga menshi kuri Arsenal mu gihe yatwara igikombe nta shingiro agifite.

Ibi bije nyuma y’impaka zimaze igihe zivugwa ku mukino aya makipe yombi afitanye tariki 24 Gicurasi uyu mwaka, aho hari abagaragazaga impungenge z’uko ikipe ya Crystal Palace ishobora kwemera gutsindwa kugira ngo itsindire akayabo ka miliyoni 10 z’amapawundi.

Umwanditsi: NIYOMUKIZA Gratien