Bekeni yabivuze nyuma y’umukino wa shampiyona wabereye ku kibuga cya Kigali Pele i Nyamirambo, aho warangiye Etincelles FC itsinze Gorilla FC ibitego 4-0, intsinzi yafashije iyi kipe kuguma mu cyiciro cya mbere.
Nyuma y’uyu mukino, Bekeni yavuze ko yishimiye cyane uburyo ikipe ye yitwaye ndetse no kuba bageze ku ntego yo kutamanuka mu cyiciro cya kabiri.
Uyu mutoza yabajijwe ku bantu bagaragaje amakenga kuri uyu mukino bavuga ko Etincelles yaba yahawe amanota kugira ngo itamanuka, ibintu bamwe bise ikinamico.
Asubiza ibyo, Bekeni yavuze ko nta gitangaje kiri mu gutsinda ibitego byinshi kuko mu mupira w’amaguru ari ibintu bisanzwe bibaho.
Yagize ati: “Ibitego byinshi nta kipe itabitsindwa, twabitsinze nk’uko natwe twabitsinzwe. Abavuga ko ari ikinamico, ndababwira ngo batege amatwi.”
Bekeni yavuze ko nta banga ridasanzwe ryakoreshejwe kugira ngo batsinde uwo mukino, ahubwo ko icyo bakoze ari ugutegura neza ikipe no gukora akazi k’ubutoza.
Etincelles FC yageze kuri iyi ntsinzi nyuma y’uko mu mukino waherukaga guhuza aya makipe mu guhatanira umwanya wa gatatu mu gikombe cy’Amahoro, Gorilla FC yari yatsinze Etincelles ibitego 6-1.
Uyu mutoza uzwiho gushyushya no kuryoshya shampiyona y’u Rwanda bitewe n’amagambo ye mu itangazamakuru, yavuze ko nta rindi banga nawe ubwe ku giti cye yaba yakoresheje kugira ngo atsinde uyu mukino, uretse gutoza abakinnyi be.
Umwanditsi: NIYOMUKIZA Gratien
