Kuri ubu abatoza bahembwa amafaranga menshi ku Isi harimo Diego Simeone, Simone Inzaghi, Pep Guardiola n'abandi.
Reka turebere hamwe abatoza 10 batunze agatubutse kurusha abandi ku Isi:
10.Arsène Wenger – miliyoni £39
Uwahoze ari umutoza wa Arsenal, Wenger yanditse amateka yo kurangiza shampiyona adatsinzwe mu mwaka w'imikino 2003/04. Kugeza ubu, afite inshingano muri FIFA nk’Umuyobozi w’Iterambere ry’Umupira ku Isi.
9.Carlo Ancelotti – miliyoni £41.4
Uyu mutoza ukomoka mu gihugu cy'Ubutaliyani yatoje amakipe akomeye mu Isi arimo Chelsea, AC Milan ndetse na Real Madrid, ibyatumye ahembwa amafaranga menshi n'ubukungu bwe burazamuka, gusa aherutse guhamwa n'ibyaha byo kunyereza imisoro.
8.Jürgen Klopp – miliyoni £41.8
Klopp yahinduriye Liverpool amateka abageza ku bikombe bikomeye birimo Champions League na Premier League. Kuri ubu akora muri Red Bull nk’umuyobozi w’umupira ku rwego mpuzamahanga.
7.Sir Alex Ferguson – miliyoni £53.6
Umutoza w’amateka wa Manchester United, Ferguson yegukanye ibikombe byinshi mu myaka 27 yatoje iyi kipe. Nubwo aherutse gukurwa ku nshingano zindi yari afite mu ikipe ya Manchester United, umutungo we uracyari hejuru cyane.
6.Steven Gerrard – miliyoni £74.5
N’ubwo nta mateka akomeye muri ruhago yari yubaka nk’umutoza, Gerrard yabaye umwe mu batoza batunze menshi kubera amateka ye nk’umukinnyi ndetse n’akazi yakoze muri Saudi Arabia.
5.Zinedine Zidane – miliyoni £99
Zidane yatoje Real Madrid imyaka 4 gusa, ariko muri icyo gihe gito yatwayemo ibikombe bitandukanye birimo Champions League eshatu zikurikirana. Uyu mufaransa aracyari mu batoza b’ifuzwa n'amakipe atandukanye cyane ko ubu nta kazi afite.
4.Pep Guardiola –miliyoni £100
Guardiola yegukanye ibikombe aho yatoje hose harimo Barcelona, Bayern Munich, na Manchester City. Uretse amahirwe yo gutwara ibikombe, uyu mugabo yishyurwa agatubutse ibituma umutungo we ukomeza kwiyongera.
3.José Mourinho – miliyoni £100
Umutoza uzwi nka "The Special One", Mourinho yamenyekanye cyane kubera imvugo n’imyitwarire ye idasanzwe. Yatoje amakipe nka FC Porto, Chelsea, Inter Milan, Real Madrid, yegukana ibikombe byinshi muri aya makipe.
2.Diego Simeone – miliyoni £107.7
Simeone amaze imyaka myinshi muri Atlético Madrid, ndetse yayiyoboye mu bihe bitandukanye by’amavugurura. Uyu Mutaliyani yubatse ikipe y’imbaraga, kandi amaze igihe kinini ku mushahara uri hejuru.
1.Wayne Rooney – miliyoni £170
N’ubwo akazi ke nk’umutoza katagenze neza, Rooney ni we mutoza utunze menshi kurusha abandi kubera amafaranga yinjije nk’umukinnyi, umusesenguzi n’andi masoko. Yatoje Birmingham, Derby na Plymouth ariko ntibyagenze neza.
