Musa Esenu ni umusore w’imyaka 26, akaba yakiniraga ikipe ya Bul FC y’iwabo muri Uganda akaba yaraye ageze mu Rwanda kuri gahunda afitanye na Rayon Sports.
Uyu musore waraye mu Rwanda, amakuru ahari aravuga ko yamaze gusinya imyaka ibiri mu ikipe ya Rayon Sports ava muri Bul FC y'iwabo muri Uganda yakiniraga.
Musa Esenu wanakinnye mu makipe nka Soana ( ubu yitwa Tooro United), Kampala Capital City Authority (KCCA) na Vipers, kugeza ubu we na Ceaser Lobi Manzoki wa Vipers ni bo basoje imikino ibanza bayoboye abatsinze ibitego byinshi aho buri wese afite ibitego umunani.
Aje gufasha ikipe ya Rayon Sports ku ruhande rw'ubusatirizi dore ko ari ikipe yagiye igaragaza ko ikeneye rutahizamu ufasha Willy Onana uba uca ku ruhande.
Uyu musore kandi muri Rayon Sports yahise ahabwa nimero 7 yari isanzwe yambarwa na Youssef Rharb uherutse gusubira muri Raja Cassablanca.
Rayon Sports yasinyishije Musa Essenu(Net-photo)
Musa Essenu yakinaga muri Bul FC(Net-photo)
Uyu rutahizamu yahawe nimero 7 niyo azajya akinana(Net-photo)
