PSG ishobora gukina na Real Madrid idafite Kylian Mbappe

PSG ishobora gukina na Real Madrid idafite Kylian Mbappe

 Mar 7, 2022 - 13:27

Mu gihe PSG iri kwitegura umukino wo kwishyura na Real Madrid biravugwa ko Mbappe ashobora kudakina uyu mukino kubera akabazo yagize.

Umufaransa Kylian Mbappe arashidikanwaho ku mukino wa Real Madrid nyuma y'akabazo yagize mu myitozo yo kuri uyu wa mbere, mu gihe bitegura umukino wa champions league ku wa gatatu.

Ubwoba bwari bwose ko Mbappe yaba yagize ikibazo ku igufwa ry'ikirenge cy'iburyo nyuma yo gukandagirwa n'umukinnyi bakinana ariwe Idrisaa Gana Gueye. Uyu musore yacishijwe mu cyuma bigaragara ko nta gufwa ryavunitse, ariko ntibiratangazwa ko ameze neza 100%.

Kylian Mbappe niwe watsinze igitego cyatandukanyije PSG na Real Madrid mu kwezi gushize, ndetse ni umukinnyi ngenderwaho muri PSG muri uyu mwaka w'imikino dore ko n'umukino uheruka batsinzwe n'ikipe ya Nice mu gihe Mbappe atawukinnye kubera ikibazo cy'amakarita.

Ibitego Kylian Mbappe amaze gutsinda ibitego muri uyu mwaka w'imikino biruta ibya bagenzi be bakina bataka biteranyije. Ubwo bi Lionel Messi, Angel di Maria, Neymar Jr na Mauro Icardi.

Kylian Mbappe yagize akabazo mu myitozo ya PSG(Image:Getty images)