Nyuma yo gutsinda imanza 26, yatawe muri yombi ashinjwa kuba umunyamategeko ruhurika

Nyuma yo gutsinda imanza 26, yatawe muri yombi ashinjwa kuba umunyamategeko ruhurika

 Oct 30, 2023 - 21:51

Umugabo wo mu gihugu cya Kenya, yatawe muri yombi, nyuma yo gutsinda imanza 26, bikaza kumenyekana ko nta cyangombwa na kimwe afite.

Abategetsi ba Kenya bataye muri yombi umunyamategeko wa ruhurika, Brian Mwenda, watsinze imanza 26 yiyita ko ari Umuvugizi w’Urukiko Rukuru rwa Kenya. 

Nkuko amakuru abitangaza, uyu munyamategeko yakemuye imanza 26 imbere y’abacamanza bo mu Rukiko Rukuru, mu rukiko rw'ibanze, n’abacamanza b’urukiko rw’ubujurire mbere y’ifatwa rye, kandi izo manza zose yarazitsinze.

Yatawe muri yombi n’umuryango w’abamategeko muri Kenya (LSK) Ishami rya Nairobi azira ibinyoma, nyuma yo guhabwa amakuru n'abaturage. 

Ishami rya Nairobi ryatangaje kuri konti yabo X ko atari umunyamategeko kandi ko adafite uruhushya rwo gukorera mu rugaga rw'abanyamategeko muri KeKenya.

Ubu uyu munyamategeko wa ruhurika ari mu maboko ya polisi, aho akirimo gukoreraho iperereza ryimbitse.