Nyuma y'uko abantu bari bategereje amashusho y'indirimbo ya Tems yitwa 'Burning' yagombaga kujya hanze ku munsi w'ejo tariki ya 01 Kanama 2024 ariko bakayaheba, Tems yatangaje ko bitewe n'imyigaragambyo ikomeje kubera muri Nigeria yahise asubika kuyashyira hanze.
Mu butumwa yanyujije kuri X, yagaragaje ko ari gusengera urubyiruko ruri gukora iyi myigaragambyo kugira ngo ijwi ryabo ryumvwe ibyo bari gusaba bishyirwe mu bikorwa.
Urubyiruko rwo muri Nigeria rukaba rwaratangiye kwigabiza imihanda mu munsi w'ejo hashize, basaba ko ubuyobozi bubi buriho bwavaho kuko batuma abaturage babaho mu buzima bugoye.
Iyi ni imyigaragambyo izamara iminsi 10 nk'uko urubyiruko rwa Generation Z rw'aho muri Nigeria rwabitangaje, ndetse ku munsi wa Mbere w'iyi myigaragambyo, mu migi itandukanye irimo Kano, Lagos na Abuja, abigaragambya bakaba baratwitse ibintu binyuranye birimo imodoka n'ibindi.
Imyigaragambyo yo muri Nigeria, ikaba ije ikurikira iyo muri Kenya urubyiruko rwasabaga ko hadatorwa itegeko rizamura imisoro, ndetse no muri Uganda, aho abaturage basaba ko ruswa irandurwa mu butegetsi.
