Mu ijoro ryo kuri uyu wa 10 Kamena, nibwo Instbul muri Turukiya kuri sitade ya Ataturk Olympic Stadium hari hategerejwe umukino wa nyuma wa UEFA Champions League wahuje Manchester City na Inter Milan.
https://www.thechoicelive.com/manchester-city-yegukanye-champions-league-ya-mbere
Mu mukino warangiye Manchester City itwaye igikombe cyayo cya mbere, Burna Boy niwe watangije ibyo birori bya ruhago aho yari kumwe n'Umuririmbyi wo muri Brazil Anitta.

Burna Boy kuri Ataturk Olympic Stadium yakoze ibidasanzwe
Mu ndirimbo zasusurukije imbaga Burna Boy yaririmbye hakaba harimo indirimbo 'Last Last, ndetse na 'Its Plenty'. Akaba kandi ariwe muhanzi wa mbere wo muri Nigeria uririmbye ku mukino wa nyuma ya UCL.
Tubibutse ko Ku wa 16 Werurwe 2023, ari bwo Burna Boy wegukanye Grammy Awards yahawe ubutumire bwo kuririmba kuri uyu mukino wa nyuma.

Burna niwe muhanzi wo muri Nigeria uririmbye ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League
Damini Ebunoluwa Ogulu amazina nyakuri ya Burna Boy akaba yatangaje ko yashimishijwe bitavugwa no kuririmba kuri uyu mukino ngo kuko asanzwe ari n'umukunzi wa ruhago.
Hagati aho, Burna Boy akaba yari yagiye muri Turukiya mu gihe hari hashize iminsi mike akoze igitaramo cy'amateka i London aho ibihumbi 80, 000 bari bitabiriye igitaramo cye.
