Bruno Fernandes yavuze agahinda yatewe no kubura Declan Rice

Bruno Fernandes yavuze agahinda yatewe no kubura Declan Rice

 May 15, 2026 - 22:00

Kapiteni wa Manchester United, Bruno Fernandes yatangaje ko kugeza n’ubu akibabazwa n’uburyo ikipe ye yananiwe gusinyisha Declan Rice mbere y’uko yerekeza muri Arsenal mu mpeshyi ya 2023.

Rice wavuye muri West Ham United aguzwe miliyoni 105 z’amapawundi, kuri ubu amaze kuba umwe mu nkingi za mwamba za Arsenal ndetse ari gufasha iyi kipe guhatanira igikombe cya Premier League nyuma y’imyaka irenga 20 itaragitwara.

Mu kiganiro Fernandes yagiranye na Football Writers’ Association (FWA), yavuze ko kuva kera yabonaga Rice nk’umukinnyi wari ukwiriye cyane gukinira Manchester United, bitewe n’urwego rw’ubuhanga ndetse no ku mico ye.

Yagize ati: “Nemera cyane Declan Rice, si nk’umukinnyi gusa ahubwo nk’umuntu muri rusange. Twakoranye imyitozo muri Algarve muri Portugal kandi nahise mbona ko afite imyitwarire n’ubunyamwuga budasanzwe.”

Fernandes yavuze ko Manchester United yari ikwiye gukora ibishoboka byose kugira ngo Rice abe umwe mu bakinnyi bayo, kuko yari kuba ibonye umusore ushoboye hagati mu kibuga kandi ufite ubushobozi bwo kuyobora bagenzi be.

Ati: “Nahoraga numva Rice akwiriye gukinira Manchester United. Sinzi niba icyo gihe byari kuba bishoboka, ariko nizeraga ko yari kuba umukinnyi mwiza cyane ku ikipe yacu.”

Mu gihe Rice ari gukomeza kwigaragaza muri Arsenal ya Mikel Arteta, Fernandes na we ari mu bakinnyi bahagaze neza muri Manchester United uyu mwaka, aho amaze gutanga imipira 19 yavuyemo ibitego.

Ibi byatumye yegukana igihembo cy’umukinnyi wo mwiza hagati w’umwaka, aho yarushije Rice amajwi 28 gusa.

Arsenal ubu ifite amahirwe akomeye yo kwegukana ibikombe bibiri muri uyu mwaka, kuko uretse kuyobora urutonde rwa shampiyona, izanakina umukino wa nyuma wa UEFA Champions League  izahuramo na Paris Saint-Germain ku wa 30 Gicurasi 2026.

Umwanditsi: NIYOMUKIZA  Gratien