Abashoramari bashya binjiye muri Liverpool

Abashoramari bashya binjiye muri Liverpool

 Sep 28, 2023 - 20:42

Abaherwe b'ikipe ya Liverpool bagurishije imigabane ifite agaciro ka miliyari zisaga 164 mu manyarwanda.

Kompanyi ya Fenway Sports Group isanzwe ifite ikipe ya Liverpool yagurishije imigabane ifite agaciro ka miliyoni 164 z'amapawundi, kuri kompanyi yitwa Dynasty Equity.

Itangazo ryashyizwe hanze na Fenway Sports Group ibinyujije muri Liverpool, bivuga ko aya mafaranga azakoreshwa hishyirwa umwenda wafashwe bitewe n'ingaruka za Covid-19, hubakwa ikibuga cy'imyitozo, ndetse akanaziba icyuho cy'amafaranga yakoreshejwe mu kugura abakinnyi mu mpeshyi ishize.

Mu Ugushyingo 2022 Fenway Sports Group yashinzwe na Jonathan Nelson ndetse na K.Don Cornwell, ikaba iyobowe na John W Henry, yari yashyize iyi kipe ku isoko nyuma y'imyaka 12 iyifite ariko birangira itagurishijwe.

Icyo gihe iyi kipe yahabwaga agaciro ka miliyari 4.4 z'amapawundi, ariko kuri ubu Fenway Sports Group izagumana igice kinini cy'imigabane aho kuyitanga yose.

Fenway Sports Group iyobowe na John W.Henry(uri hagati), izaguma muri Liverpool