X igiye gushyira ku isoko konti zitagikoreshwa

X igiye gushyira ku isoko konti zitagikoreshwa

 Nov 4, 2023 - 20:19

Urubuga nkoranyambaga rwa X rwahoze ari Twitter biremezwa ko rugiye gushyira ku isoko konti z'abakiriya zitagikoresha nabanyirazo.

Urubuga rwa X rw'umuherwe Elon Musk, amakuru aravuga ko abantu bafite konti kuri urwo rubuga batagikoresha, bagiye kuzishyira ku isoko zikagurwa abandi. Bikaba bitangazwa ko X izagurisha konti za mbere y'ukwezi k'Ugushyingo 2022 uru rubuga rukitwa Twitter.

Magingo aya, hakaba hariho ikipe bise 'Handle Team', yashyizweho kugira ngo igurishe konti zitagikoreshwa, aho imwe izaba igura amadorari $50,000. Mu minsi yashize, Musk yatangaje ko hari konti miliyoni 1.5 ziri aho zidakoreshwa.

Mu butumwa bwo kuri email Forbes yakiriye buvuye k'umukozi wo muri X indani, bakaba ari bo bahamije aya makuru, ko harimo ikipe yo muri X bise 'Handle Team' yatangiye kwiga ku buryo bwo kugurisha konti zitagikoreshwa nabanyirazo.

Nubwo ibi byose bitangazwa, ariko Elon Musk cyangwa X, bakaba ntacyo baratangaza kuri aya makuru.

Mu igenzura riheruka gukorwa nabo muri X, rikaba ryarasize bemeje ko hari konti zigomba gusibwa kuko zitagikoreshwa. Ni mu gihe magingo aya X itangaza ko konti ziri hagati ya miliyoni 200-250 arizo zikoreshwa.