World Cup 2022:Cameroon yasezerewe yisasiye Brazil

World Cup 2022:Cameroon yasezerewe yisasiye Brazil

 Dec 2, 2022 - 18:13

Ikipe ya Cameroon yatunguye abakunzi ba ruhago itsinda Brazil ariko isezererwa kubera ikinyuranyo cy'ibitego.

Amakipe yo mu itsinda G niyo yasoje imikino y'amatsinda mu gikombe cy'isi cya 2022 kiri kubera muri Qatar, aho imikino yombi yatangiye ku isaha ya saa 21:00.

Umukino wa mbere wahuje ikipe y'igihugu ya Brazil yari ifite umwanya wa mbere n'amanota atandatu yaramaze kubona itike ya kimwe cya munani, ndetse na Cameroon yasabwaga gutsinda uyu mukino ikajya muri kimwe cya munani mu gihe Ubusuwisi na Serbia zari kunganya.

Uyu mukino watangiye umutoza Tite utoza Brazil yakoze impinduka nyinshi mu ikipe yagiye ibanza mu mikino ibiri ya mbere, aho abakinnyi bashya basaga barindwi babanje mu kibuga.

Amakipe yombi yanganyije ubusa ku busa kugeza ku minota y'inyongera aho Vincent Aboubakar yatsinze igitego cy'umutwe ku mupira wahinduwe na Jerome Ngom Mbeleki winjiye mu kibuga ku munota wa 83.

Aha Cameroon yaburaga igitego kimwe ngo inganye ibitego n'Ubusuwisi ariko ntibyashobotse ko kiboneka. Nyuma yo gutsinda iki gitego cyanatandukanyije impande zombi, Vincent Aboubakar yakuyemo umupira umusifuzi amuha ikarita y'umuhondo isanga iyo yari afite biba ikarita itukura ahita asohoka mu kibuga.

Vincent Aboubakar nyuma yo gutsinda Brazil

Ku rundi ruhande ikipe y'igihugu y'Ubusuwisi yari ihanganye na Serbia aho buri imwe yasabwaga gutsinda uyu mukino ngo igere muri kimwe cya munani, ariko ku Busuwisi ho byasaga n'ibyoroshye mo gake kuko kunganya na Cameroon itatsinze byagombaga gutuma igera muri kimwe cya munani.

Aya makipe yatangiye yotsanya igitutu maze ku munota wa 20 gusa Xherdan Shaqiri yagunguye amazamu ku ruhande rw'Ubusuwisi ku mupira yari ahawe na Djibril Sow.

Nyuma y'iminota itandatu gusa Dusan Tadic yahereje umupira rutahizamu Aleksandar Mitrovic atsinda igitego cya mbere cya Serbia banganya igitego kimwe kuri kimwe.

Amakipe yombi ntabwo yarekeye gusatirana kuko yakomeje kotsanya igitutu maze ikipe ya Serbia itanga Ubusuwisi kubona igitego cya kabiri cyatsinzwe na rutahizamu Dusan Vlahovic usanzwe akinira ikipe ya Juventus wagitsinze ku munota wa 35.

Aha iyo umukino urangira gutya byari gutuma Serbia iba iya kabiri mu itsinda n'amanota ane mu gihe Ubusuwisi bwari gusezererwa bufite amanota atatu.

Gusa kucmunota wa 44 Silvan Widmer yahaye umupira Breel Embolo atsinda igitego cya kabiri cy'Ubusuwisi, bituma amakipe yombi ajya kuruhuka anganya ibitego 2-2 byahaga Ubusuwisi amahirwe yo kuzamuka ari ubwa kabiri mu itsinda.

Bakiva kuruhuka Remo Freuler ukina hagati mu kibuga yatsindiye Ubusuwisi igitego cya gatatu cyatumye bihita biba 3-2, ndetse bakizera ko kugira ngo Serbia ibasezerere isabwa ibitego bibiri.

Uyu mukino warangiye Ubusuwisi bucyuye itsinzi y'ibitego bitatu kuri bibiri bituma abasuwisi bahita babona itike yo kuzagaragara muri kimwe cya munani.

Ikipe ya Brazil yayoboye iri tsinda n'amanota atandatu ikaba izahura na Korea y'epfo muri kimwe cya munani. Ubusuwisi bwabaye ubwa kabiri bufite amanota atandatu buzahura na Portugal, naho Cameroon yasezerewe ifite amanota ane irushwa ibitego na Korea y'epfo, ijyana na Serbia yatahanye inota rimwe.

Ubusuwisi bwitsindiye Serbia

Uko amakipe azahura muri kimwe cya munani