Muri 2020 ni bwo Issa Bigirimana yari yasinyiye ikipe ya Rayon Sports ubwo yari avuye muri Police FC yari yasinyiye amezi atandatu ubwo yari avuye muri Yanga African yo muri Tanzania.
Uyu musore yasinyiye Rayon Sports ariko nta myaka bumvikanye, gusa muri icyo gihe COVID-19 yari yarahagaritse imikino.
Issa Bigirimana ufite wagize ibihe byiza muri APR FC, yari amaze igihe atavugwa mu mupira w'u Rwanda akaba yumvikanye n'ubuyobozi bwa Espoir FC ko nabona ikipe yindi bazamureka ikigira ahandi.
Uyu musore asanzwe azwiho akina ku ruhande rw'iburyo ndetse akaba ashobora no kunyura ku ruhande rw'iburyo.
Ikipe ya Espoir FC yasinyishije uyu mukinnyi nyuma yo gusinyisha umutoza Bisengimana Justin watozaga ikipe ya Rutsiro FC.
Isaa Bigirimana yasinyiye Espoir FC
Umutoza Bisengimana Justin nawe yasinyiye Espoir FC
