Guhera tariki ya 01 Ukwakira 2023 imirwano yakongera kwaduka mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo hagati y'ingabo z'iki FARDC ndetse n'umutwe wa M23, ibintu bikomeje gukomera muri Teritwari zinyuranye zirimo Masisi, Rutshuru na Nyiragongo.
Kuri uyu wa 27 Ugushyingo 2023, imirwano yari akasamutwe muri Teritwari ya Rutshuru mu gace ka Rugarama aho FARDC ifatanyije n'abafatanyabikorwa babo barimo: Wazalendo, FDLR, Nyatura n'abandi bahanganye na M23 ariko bikarangira uyu mutwe ubakubise inshuro.
Amakuru aravuga ko M23 yafashe aka gace ka Rugarama nyuma y'imirwano ikomeye cyane yumvikanyemo imbunda ziremereye hamwe n'intoya. Bikaba bivugwa ko kandi uretse ako gace, ariko kandi ngo n'ibindi bice byegereye Rugarama, ngo nabyo byarafashwe.
M23 yigaruriye agace ka Rugarama, nyuma yuko mu mpera z'icyumweru hari humvikanye urusaku rw'amasasu mu mugi wa Goma hagati ya zimwe mu ngabo za FARDC ndetse na Wazalendo, ari na ko FARDC yavugaga ko yabujije M23 kwinjira muri Sake.
