M23 yizihije imyaka 15 imaze ishinzwe ifata ibindi bice

M23 yizihije imyaka 15 imaze ishinzwe ifata ibindi bice

 Mar 24, 2024 - 12:04

Tariki ya 23 Werurwe 2024 umutwe witwaje intwaro wa M23 ukorera mu burasirazuba bwa DR-Congo wizihije isabukuru y'imyaka 15 umaze ushinzwe, aho abayobozi b'uyu mutwe bakomeje gutunga intoki Leta ya DR-Congo kuba nyirabayazana w'intambara, ari nako FARDC yatsindwaga i Masisi.

Ku wa 23 Werurwe 2009, nibwo ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo bwari buyobowe na Perezida Joseph Kabila bwagiranye amasezerano yo guharika intambara n'umutwe wa CNDP wari warashinzwe n'Abanye-Congo bo mu bwoko bw'Abatutsi bari bayobowe na General Laurent Nkundabatware wamenye nka 'Nkunda' afatanyije na Bosco Ntaganda. 

Nyuma y'uko bagiranye amasezerano y'ubwumvikane, mu 2012 Leta yanze kuyubahiriza, bituma bamwe mu bari muri CNDP bigumura bahita bashinga umutwe bawita M23. Iri zina rikaba rifite inkomoko ku masezerano ya tariki ya 23 Werurwe 2009, ni ukuvuga (Mars, 23).

Ku munsi w'ejo, ibirori byo kwishimira iyo myaka ashize, byabereye kuri sitade yitiriwe Tata Mwami Ndeze Rugabo II iherereye muri Teritwari ya Rutshuru mu Ntara ya Kivu n'Amajyaruguru. Mu byo M23 yatangaje kuri uyu munsi, harimo ko Leta yanze ko bakemura ikibazo bahereye mu mizi.

Hagati aho, ku mirongo y'urugamba intambara yarimo ikomeza kuri uyu wa Gatandatu, aho M23 yafashe agace ka Kivuye ho muri Masisi, mu gihe imirwano yari yaramukiye muri ibyo bice ndetse no muri Kibumba ho muri Teritwari ya Nyiragongo.

Kuri iki Cyumweru kandi, umuvugizi wa M23 mu bya Politike Lawrence Kanyuka aciye ku rukuta rwe rwa X, yatangaje ko amahoro n'umutekano ari byose mu bice uyu mutwe ugenzura, aho yerekanye amashusho y'abakiristu Gatolika bishimye bafite ibiti by'imikindo kuri uyu wa Mashami.