Kuri uyu wa Mbere tariki ya 13 Ugushyingo 2023, imirwano mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo hagati y'ingabo za Leta y'iki gihugu FARDC ndetse n'umutwe witwaje intwaro wa M23, yari ikarishye muri Teritwari ya Rutshuru mu bice birimo Terero, Katolo hakaba hafi cyane y'agace ka Kishishe.
Amakuru uturuka ku mirongo y'urugamba muri iki gitondo, aravuga ko M23 yamaze gufata agace ka Kishishe gaherereye muri Gurupoma Bambo Teritwari ya Rutshuru bahirukanye ingabo za Leta. Aka gace bakaba bagacakiye nyuma y'umwaka bakavuyemo, dore bakavuyemo bashijwa kwica abasivire bagera ku majana, nubwo M23 ibitera utwatsi.

Imirwano hagati ya M23 na FARDC n'iryankurye
None ku wa 14 Ugushyingo, amakuru aravuga ko imirwano ikomeje muri bice bitandukanye birimo Kibumba, Buhumba, Kishishe muri Teritwari ya Rutshuru na Kilolirwe. Ni mu gihe kandi bivugwa ko imirwano iri kuba muri Teritwari ya Nyiragongo aho indege ya Sukhoi-25 ya FARDC yarashe ibirindiro bya M23 muri Burambo.
Imirwano iri kuba muri iyi minsi, biremezwa ko iri gukoreshwamo imbunda za rutura ku mpande zombi, mu gihe FARDC inyuzamo igakoresha n'indege. Ku rundi ruhande, amakuru aturuka i Goma, aravuga ko umuriro wagarutse muri uyu mugi mu gihe bari bamaze iminsi bari mu icuraburindi ry'umwijima.
