Goma: M23 na FARDC rugiye kwambikanira mu kizima

Goma: M23 na FARDC rugiye kwambikanira mu kizima

 Nov 7, 2023 - 13:18

Umugi wa Goma uri mu icuraburindi ry'umwijima nyuma yuko umuriro uhagaritswe n'imirwano y'akasamutwe yahuje FARDC na M23 kuri uyu wa Mbere, mu gihe amakuru avuga ko uyu mugi warangije kugotwa n'uyu mutwe.

Imirwano iraca ibintu mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo hagati y'ingabo za Leta y'iki gihugu FARDC ndetse n'umutwe w'inyeshyamba za M23. Imirwano yo kuri uyu wa 06 Ugushyingo 2023, ikaba yasize icyikango gikomeye cyane mu batuye umugi wa Goma utuwe n'abarenga miliyoni imwe.

Kuri uyu wa Mbere, imirwano ikaba yarabereye mu bice bya Kibumba na Buhumba mu birometero 20 uvuye mu mugi wa Goma. Iyi mirwano ikaba yasize muri uyu mugi wa Goma umuriro wose bawuhagaritse, ibyatumye abaturage bakuka umutima.

Imirwano yakaze mu burasirazuba bwa DR-Congo hagati ya M23 na FARDC 

Ikigo gicunga umuriro mu mugi wa Goma 'Virunga Energies', cyikaba cyasohoye itangazo cyemeza ko abakozi bacyo badashobora kugera aho uyu muriro wahagarikiwe kubera imirwano. Iki kigo cyikaba cyivuga ko abaturage bashobora kwiturwaho n'isanganya rikomeye ryo kubura umuriro.

Bikaba bitangazwa ko imirwano yo kuri uyu wa Mbere, yasize ingabo za FARDC zikubiswe inshuro zigizwa inyuma, aho bivugwa ko M23 yafashe igice kinini cy'icyirunga cya Nyiragongo, ibiyiha ubushobozi bwo kwinjira mu mugi wa Goma ku buryo bworoshye. 

Ku rundi ruhande, Umugaba Mukuru w'ingabo za FARDC Général Christian Tshiwewe Songesa akaba yaraye i Goma aho yazanye n'abandi basirikare bakuru aho baje gutera ingabo mu bitugu abasirikare kugira ngo M23 itigarurira Teritwari ya Nyiragongo na Masisi aho intambara iri guca ibintu. 

M23 na FARDC bagiye kurwanira muri Goma