Bruce Melodie mu kiganiro yakoreye kuri TikTok, yavuze ko kuri we adashobora kwanga ko icyo gitaramo kiba nk'uko abantu bamwe babikeka, kuko nyuma y'ibindi byose bose ari abana b'u Rwanda kandi ko bagomba kubyaza umusaruro ibikorwa remezo bahawe.
Ati:"Ibyo bintu ntabwo nshobora kubyanga kubera ko nyuma y'ibindi byose turi abana b'u Rwanda, ibikorwa remezo twagize amahirwe yo kubigira, no kubikoresha birakwiye.
Rero ntabwo ndi mu bantu bakumva bidakwiye rwose, niba hari n'ubikeka gutyo abikeka nabi... management nizere ko nayo iri kutwumva babikurikirane babikore."
Bruce Melodie yijeje abafana be ko aza kubishyiramo imbaraga ku buryo bibaye ari ibishoboka babikora, kuko abona ntako byaba bisa Stade Amahoro yuzuye kubera abahanzi bo mu Rwanda.
Abahagarariye The Ben baganiriye ku kuba bategura igitaramo azahuriramo na Bruce Melodie
Bruce Melodie yavuze ku byo guhirira mu gitaramo na The Ben
