Abanya-Tanzania batandatu bagiye kunyongwa

Abanya-Tanzania batandatu bagiye kunyongwa

 Dec 16, 2023 - 10:42

Urukiko muri Tanzania rwahaye igihano cy'urupfu abantu batandatu bashinjwa igitero cy'iterabwoba mu mugi wa Arusha.

Urukiko Rukuru rwo mu mugi wa Arusha muri Tanzania rwatangaje ko rwahaye igihano cy'urupfu abantu batandatu bashinjwa igitero cy'iterabwoba cyagabwe kuri uyu mugi wa 2013 mu gace ka Olasiti. Iki gitero cyikaba cyarakozwe ubwo imbaga y'abakirisitu barimo gutaha Kiliziya yitiriwe Yozefu urugero rw'abakozi. 

Iki gitero kuri iyi Kiliziya, cyikaba cyarabaye ku wa 05 Gicurasi 2013, aho byemejwe ko cyari kigambiriye intumwa ya Nyiri ubutungane Papa Fransisco I Padella, ariko Imana ikaba yarakinze akaboko aharokoka ha Mana.

Umucamanza mukuru muri uru rukiko John Nkwabi, akaba yavuze ko urukiko rwamaze imyaka 10 rwegeranya ibimenyetso kugera banzuye ko aba batandatu bagomba kunyongwa. 

Nubwo intumwa ya Papa yahikuye ha Mana, ariko abantu batatu bahasize ubuzima abandi amagana barakomereka. Ku ikubitiro, abantu icyenda akaba ari bo bari batawe muri yombi, ariko batatu baza kugirwa abere.

Kugera magingo ntiharamenyekana igihe iki gihano kizashyirirwa mu bikorwa, dore ko uru rubanza rwaciwe ku wa 14 Ukuboza 2023. Inzego zirimo polisi n'izindi zikaba ari zo zafashije mu iperereza nk'uko ibitangazamakuru byo muri Tanzania bibitangaza.