Intambara ihanganishije u Burusiya na Ukraine ishyigikiwe n'Uburengerazuba bw'Isi, igeze ku munsi wa 823, aho u Burusiya bukomeje gufata ibice bigari muri iyi ntambara.
Kuri ubu, Abarusiya bakomeje gusuka ibisasu biremereye ku mirongo inyuranye y'urugamba byumwihariko mu mugi wa Kharkiv aho bamaze kwambura Ukraine ibice bigari.
Minisiteri y'Ingabo mu Burusiya iratangaza ko bafashe imigi ibiri, umwe wa Ivanivka uri mu Majyaruguru ya Kharkiv n'undi wa Netailove uri mu burasirazuba bwa Donetsk.
Perezida wa Ukraine Volodymyr Zelenskyy ingabo ze zirasumbirijwe
Ni mu gihe bombe z'u Burusiya zarashwe ku isoko ryo muri Kharkiv zivuganye abantu 11 nk'uko Al Jazeera ibivuga.
Perezida wa Ukraine Volodymyr Zelensky avuga ko u Burusiya muri uku kwezi bwarashe ibisasu 3,200 birashwe n'indege na dorone, agasaba ababafasha kubaha intwaro zirinda ikirere.
Ni mu gihe kandi kuri uyu wa Kabiri Zelensky ari mu Bubiligi aho yemerewe indege z'intambara za f-16, ari na ko igisirikare cya Ukraine cyavuze ko kuri ubu bakeneye intwaro nyinshi kuruta ikindi gihe cyabanje kuko ubu ari bwo u Burusiya bwakajije umurego.

U Burusiya bukomeje gusuka ibisasu biremereye muri Kharkiv
