M23 na FARDC babyutse batana mu mitwe

M23 na FARDC babyutse batana mu mitwe

 Dec 4, 2023 - 09:15

Imirwano ishyamiranyije igisirikare cya DR-Congo FARDC ndetse n'umutwe wa M23 irakomeje, aho mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere imirwano mu bice byo muri Masisi imeze nabi.

Amakuru aturuka mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi Congo muri iki gitondo, aravuga ko FARDC na M23 bari gusakiranira mu gace ka Malehe mu birometero 10 uvuye mu mugi wa Sake, aho M23 yaharaniye kwigarurira ako gace guhera kera ariko bikananirana.

Imirwano yadutse aha muri Malehe, mu gihe urupfu rwa Colonel Ruvugayimikore Protogène alias Ruhinda akaba umwe mu bayobozi ba FDLR wapfuye kuri uyu wa 03 Ukuboza 2023, rukomeje kuvugisha benshi, aho bivugwa ko yishwe n'igisasu cyamutirikanye mu buriri.

Ku mirongo y'urugamba kandi, uretse aho muri Malehe bari kurwana, umuvugizi wa M23 Lawrence Kanyuka, yatangaje ko indi mirwano iri kubera muri Masisi mu bice bya Kalenga, Kilorirwe ndetse muri Rumeneti. 

Uyu muyobozi Lawrence Kanyuka, akaba yemeza ko FARDC ndetse n'ihuriro ry'indi mitwe hamwe n'abacanshuro, ari bo batangije imirwano ahagana mu ma saa 6h00 z'igitondo. Iyi mirwano yadutse mu gihe n'ubundi mu mpera z'icyumweru muri Kilorirwe muri Masisi byari bikomeye.

Uretse imirwano iri gushyamiranya FARDC na M23, ingabo za Afurika y'Iburasirazuba zari mu butumwa bw'amahoro aho muri DR-Congo zatangiye guhambira utwangushye, mu gihe M23 itangaza ko irahita ijya mu bice izi ngabo zarimo.