Kenya yaciye agahigo kuri TikTok

Kenya yaciye agahigo kuri TikTok

 Jun 23, 2023 - 01:11

Igihugu cya Kenya cyaciye agahigo ko kuba igihugu cya mbere ku isi gikoresha cyane uurubuga rwa TikTok. Ese imibare ihagaze ite?

Raporo y’ubushakashatsi bwa Digital News Reuters iherutse gusohoka, ivuga ko Kenya iza ku isonga mu gukoresha TikTok ku isi.

Iyi Raporo, yerekana ko iki gihugu cyo muri Afrika y’uburasirazuba, aho 54% bakoresha TikTok bashaka ibintu byose bishakwa ku mbuga nkoranyambaga, na ho 29% bakayikoresha bashaka amakuru.

Thailand iza ku mwanya wa kabiri, mu gihe  Afurika y’Epfo iza ku mwanya wa gatatu hamwe na 50% ku bayikoresha muri rusange na 22% ku bayushakiraho amakuru.

Raporo yerekana kandi ko TikTok igenda itera imbere mu gukwirakwiza amakuru cyane cyane mu bakiri bato, mu gihe Facebook imaze igihe kinini ku mwanya wa mbere, iganda isubira inyuma.

Nubwo bimeze bityo ariko, abakoresha TikTok, Instagram na Snapchat bakunda kwita cyane ku byamamare ndetse no ku bikomerezwa byo kuri izo mbuga kurusha uko bita ku masosiyete y’itangazamakuru iyo bigeze ku ngingo z’amakuru, bitandukanye cyane n’abakoresha Facebook na Twitter.

Ku bijyanye no kwaguka, TikTok ikomeje kuba urubuga rukura umunsi ku munsi, aho yihariye 44% by’abayikoresha kandi ikunzwe mu bafite imyaka hagati ya 18 na 24.