Baltasar Engonga yakatiwe n'urukiko

Baltasar Engonga yakatiwe n'urukiko

 Jul 3, 2025 - 07:31

Baltasar Engonga Ebang, wamamaye kubera amashusho y'urukozasoni bivugwa ko asaga 400, akaba yari n'Umuyobozi Mukuru w’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe iperereza ku by’imari muri Guinée Équatoriale, yakatiwe gufungwa imyaka 18 nyuma yo guhamwa n’icyaha cyo kunyereza umutungo wa Leta arenga miliyari 1 y’amafaranga ya CFA(2,576,795,428 Frw).

Baltasar yatangiye kumenyekana cyane mu mpera za 2024, ubwo amashusho y’urukozasoni bivugwa ko ari aye yasakazwaga cyane ku mbuga nkoranyambaga.

Nyuma yaho, yatangiye gukurikiranwaho ibirego bijyanye no kunyereza imari ya Leta yari ashinzwe muri Minisiteri y’Imari.

Amakuru aturuka mu bitangazamakuru by'icyo gihugu avuga ko Baltasar Engonga yanyereje miliyoni 910 z’amafaranga ya CFA, menshi muri yo akayakoresha mu bikorwa by’iraha n’abagore.

Ibyaha byahamye  Baltasar n'ibihano yahawe:

  • Imyaka 8 azira kunyereza amafaranga.
  • Imyaka 4 n’amezi 5 azira gukungahara mu buryo bunyuranyije n’amategeko.
  • Imyaka 6 n’umunsi 1 azira gukoresha ububasha afite  nabi.
  • Hamwe n’ihazabu ya hafi miliyari imwe ya CFA.

Baltasar Engonga ni umwe mu bagabo  bafite izina rikomeye muri Politiki ya Guinée Équatoriale, ndetse ni umwana wa Baltasar Engonga Edjo, Perezida wa Komisiyo y’Ubukungu n’Ifaranga ya Afurika yo hagati (CEMAC), ndetse amakuru yemeza ko afitanye isano ya hafi na Perezida Obiang Nguema Mbasogo.

Nyuma y'uko amashusho bivugwa ko ari aye n'abagore baryamanaga agiye hanze, yahise asimburwa ku mirimo na Zenón Obiang Obiang Avomo bikozwe na Perezida ubwe Teodoro Obiang Nguema Mbasogo.

Baltasar Engonga yaryamanye n'abamwe mu bagore b'abayobozi bakomeye mu gihugu 

Ntabwo Baltasar Engonga yaburanishijwe wenyine yari kumwe n'abandi bayobozi bareganwe hamwe