Imikino ibiri yabaye mu ijoro ryo kuri uyu wa Gatatu niyo mikinp yasozaga imikino ya kimwe cya munani cya UEFA Champions League, ndetse yari imikino itari iteye amatsiko cyane dore ko byasaga nk'aho amakipe yakomeje azwi.
Nyuma yo gutsindwa ibitego 5-2 i Anfield, ikipe ya Liverpool yari yasuyde Real Madrid i Santiago Bernabeu aho yasabwaga gutsinda ibitego 3-0 ubundi bakanganya ku giteranyo cya 5-5, ubundi igashaka igitego cy'intsinzi cyangwa hakitabazwa penariti.
Ni amakipe yatangiye umukino asatirana cyane bigaragarira mu buryo bagerageje amashoti menshi imbere y'izamu mu gice cya mbere, ndetse zigaterana koruneri nyinshi n'ubwo zitabyaye ibitego.
Mu gihe Liverpool yari ikomeje no kureba ko byibuze yabona igitego mu izamu rya Real Madrid, nibwo Karim Benzema yatsinze igitego ku munota wa 79 nyuma yo guhabwa umupira na Vinicius Junior, Real Madrid ihita iyobora umukino gutyo ndetse iwusoza iwutsinze.
Umukino warangiye Real Madris itsinze Liverpool igitego kimwe ku busa, ku giteranyo bihita biba ibitego 6-2 maze Real Madrid ihita ijya muri kimwe cya kane.
Undi mukino waberaga ku kibuga kitiriwe Diego Armando Maradona ku kibuga cya Napoli, yaraniye iyi kipe ibashije gutsinda Entrancht Franchfurt.
Napoli yabashije gutsinda ibitego bitatu muri uyu mukino, bikaba ari ibitego bibiri byatsinzwe na Victor Osimhen ndetse n'ikindi cyatsinzwe na Zielinski kuri penariti. Ku giteranyo Napoli yasezereye Frankfurt iyitsinze ibitego 5-0.
Amakipe yageze muri kimwe cya kane ategereje tombora y'uburyo azahura izakorwa ku wa Gatanu tariki 17 Werurwe 2023, ikazaba ku isaha ya saa 13:00 ku masaha y'i Kigali.
Amakipe yageze muri kimwe cya kane ni Real Madrid, Napoli, Bayern Munich, AC Milan, Inter Milan, Chelsea, Benfica na Manchester City.
Karim Benzema yafashije Real Madrid gusubira Liverpool(Net-photo)
Napoli nayo yerekeje muri kimwe cya kane(Net-photo)
