Kuri uyu wa Kane tariki ya 09 Ukwakira 2023, nibwo Umukuru w'Igihugu Paul Kagame yageze i Riyadh muri Saudi Arabia aho yitabiriye inama itegerejwe none ku wa 10 Ugushyingo, irahuza iki gihugu n'Umugabane w'Afurika.
Amakuru yo kugera muri Saudi Arabia kwa Perezida w'u Rwanda, turayakesha Ibiro by'Umukuru w'Igihugu mu Rwanda Village Urugwiro mu butumwa bacishije ku rukuta rwabo rwa X. Iyi nama ya none , ikaba iraza kubera i King Abdulaziz International Conference Center.
Iyi nama irahuza Saudi Arabia n'Umugabane w'Afurika, ikaba iribanda ku gushyigikira ibikorwa bihuriweho, kongera ubufatanye mu bya politike, gukemura ibibazo bihungabanya umutekano, gushyira imbere ibikorwa bigamije kuzamura ubukungu mu bushakashatsi, ubufatanye mu by'ishoramari mu nzego zitandukanye n'ibindi.
Magingo aya, bimaze kumenyekana ko Perezida Bola Tinubu wa Nigeria ari mu bari i Riyadh, Perezida w'u Burundi Evariste Ndayishimiye ndetse n'abandi. Arabia Saudi nka kimwe mu bihugu bicuruza peterori nyinshi mu isi, cyikaba gifitanye umubano mwiza n'uyu mugabane.

Perezida Kagame ari i Riyadh muri Saudi Arabia
