Bien-Aimé Baraza akomeje kurikoroza ku mbuga nkoranyambaga

Bien-Aimé Baraza akomeje kurikoroza ku mbuga nkoranyambaga

 Jun 11, 2025 - 15:51

Umuhanzi wo muri Kenya, Bien-Aimé Baraza, ari kuvugisha benshi ku mbuga nkoranyambaga nyuma yo gutangaza ku mugaragaro ko akunda abagore bafite inkombe/uruhanga/agahanga, ndetse ko atiyumvisha ukuntu yabana n’umugore utayifite.

Uyu muhanzi wamamaye mu itsinda rya Sauti Sol, aganira n'abafana be ku mbuga nkoranyambaga yagize ati:“Nkunda abagore bafite inkombe. Sinshobora na rimwe kuba n’umugore udafite inkombe. Mwigeze mureba umugore wanjye?"

Ibi yabivuze asubiza umufana wari umubajije ku mirongo y’indirimbo yabo nshya “Katam” yakoranye na Diamond Platnumz, aho yagaragaje uburyo ashimira cyane abagore b’abanya-Kenya kubera inkombe zabo nziza!

Ni ibintu byavuzweho cyane ku mbuga nkoranyambaga, aho Abanyarwanda ndetse n’abandi bakunzi b’umuziki bo muri Afurika y’Iburasirazuba bishimiye uburyo Bien yagaragaje ishema afite ku bwiza karemano bw’abagore b’iwabo.

Bien-Aimé Baraza yavuze ko akunda abagore bafite impanga 

Bien-Aimé Baraza yashimangiye ibyo aherutse kuvuga mu ndirimbo yakoranye na Diamond Platnumz